IRIBA CHOIR

ADEPR TABA Parish

AMAKURU

Bene Data nshuti zacu, turashima Imana ku bw'imirimo y'ubutwari itangaje yadukoresheje ndetse tunashimira buri wese wabashije kuhagera ndetse na buri wese wagize uruhare rukomeye mu kugira ngo igitaramo twari twabateguriye kibashe kugenda neza. 

Ni igitaramo cyari cyitabiriwe n'abantu bari baturutse imihanda yose, Kikaba cyatangiye saa 12h45 gisozwa mu masaha ya Saa moya zishyira saa mbiri .

Incamake y'uko iki gitaramo cyagenze:

Ku isaha ya 12h45 nibwo New Melody worship Team nibwo yari itangiye guhimbaza mu gihe cyigera nko ku isaha, ahagana 13h30 ni bwo MC Rizinde na Christian bari batangiye guha ikaze abari bitabiriye igitaramo. Hakurikira ho ijambo ry'umushumba mukuru wa Paruwasi yacu ya Taba. 


Nyuma y'umushumba Chorale ITABAZA yahise irimba yakira abashyitsi. ndetse nyuma yayo hakirwa kandi abandi bashyitsi bari bitabiriye iki gitaramo cyari gifite izina rya "NZABANA NAWE LIVE CONCERT". 

Chorale IRIBA yari inategerejwe na benshi yahise ikurikiraho mu ndirimbo 4 ndetse mbere y'uko turirimba indirimbo ya 4 President wa Chorale Stanislas afata umwanya akurikiraho ashimira abanttu batandukanye uruhare rukomeye bagizwe mw'itegurwa ry'iki gitaramo cyanamurikiwe mo ALBUM DVD yacu ya 3 yitwa "NZABANA NAWE". Ikaba yarakozwe na Producer Gilbert/......

Shukuru Janvier & Kwizera Canelli Janvier



DUSANGIZE IGITEKEREZO

VIDEO

DUKUNDE KURI FACEBOOK

AMATEKA

Korali Iriba,

ni itsinda ry’abaririmbyi rikorera umurimo w’ivugabutumwa mu itorero rya pentekote mu Rwanda (ADEPR) mu ntara y’amajyepfo muri paruwasi ya Taba. Yatangiye kuya 15 gashyantare mu mwaka w’1995, icyo gihe yari igizwe n’abaririmbyi bari 18 muri paruwasi yahoze ari iya butare-ville. Kugeza muri uyu mwaka wa 2013 imaze kugira imizingo itatu y’amajwi( zitwa:komera ukomeze n’abandi:2005, Irakubaha:2008, Nzabana nawe:2013) numwe w’amashusho(Irakubaha:2009). Korali Iriba yamenyekanye cyane ku ndirimbo Witinya benshi bita Yakobo,ubusanzwe ifite intego yo gusakaza ubwami bw’Imana binyuriye mu ndirimbo ariko kandi no mubikorwa byo gufasha abababaye nk’imfubyi, abapfakazi, imfungwa n’abandi.

TWANDIKIRE

Thank you for contacting us. We will get back to you as soon as possible
Oops. An error occurred.
Click here to try again.